Rwanda National Commission for UNESCO

comnatrwanda@unesco.rw
  • HOME
  • ABOUT CNRU
    The UNESCO CNRU overview Vision and Mission CNRU Staff Board of Directors
  • PROGRAMMES
    Education Culture, Social and Human Sciences Communication and Information Science & Technology
  • SERVICES
    Service Charter Applying for Grant from UNESCO PP
  • CNRU LIBRARY
  • MEDIA CENTER
    News Photo Gallery Video Gallery CNRU Magazine
  • PUBLICATIONS
    Announcements Reports Scholarship Prize & Awards Careers
  • CONTACT US
  • WEBMAIL

Ubutumwa bw’umuyobozi mukuru wa UNESCO ku munsi wo kurwanya ihohoterwa rikorera abana mu mushuri n’ihohoterwa rikorerwa ku ikoranabuhanga

Mu mwaka wa 2019, ibihugu binyamuryango bw’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe Uburezi, Ubumenyi, Umuco n’Itumanaho UNESCO byemeje ko uwa kane wa mbere w’Ugushyingo, buri mwaka, ari umunsi wo kurwanya ihohoterwa rikorerwa abana mu bigo by’amashuri ndetse no ihohoterwa/itotezwa rikorerwa kuri murandasi (Cyber-harcelement), rigakorerwa abana n’abakiri bato.

Ubuzima bw’abana bo muri iyi si yabaye umudugudu ahanini buba kuri murandasi, ibi bikaba byariyongerereye cyane kubera iki cyorezo cya covid 19. Igihe abana bamaraga imbere ya televiziyo n’ibindi byose byerekana amashusho cyariyongereye cyane muri ibi bihe bya covid 19. Nubwo murandasi ari uburyo bumwe bwo gusabana no kwiga, ariko igira ingaruka ku mutekano w’abakiri bato cyane ko hari ibitero bibagabwaho mu buryo bw’ikoranabuhanga.

Mu bihugu bitandukanye cyane ibiteye imbere, iki cyorezo cya Covid 19 cyatumye abana binshi bari mu rugo bahugira kuri murandasi bityo umwanya bamara kuri za telephone, ipad, n’ubundi buryo bubafasha gusabana n’abandi uriyongera cyane. Uko niko niryo hohoterwa ryiyongereye.


Mme Audrey Azoulay, Umuyobozi Mukuru w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita k’Uburezi, Ubumenyi n’Umuco.

Umuyobozi Mukuru wa UNESCO, Mme Audray Azoulay, yibukije abatuye isi ko uyu munsi w’italiki 4 Ugushyingo washyiriweho kwibutsa abatuye isi, by’umwiharika abana, ababyeyi n’abarezi, abayobozi batandukanye cyane abashinzwe iterambere ry’ikoranabuhanga ko bagombye gukora ibishoboka byose ngo bakumire ihohoterwa rikorerwa abakiri bato binyuze muri za murandasi.

Iri hohoterwa rikorerwa kuri za murandasi, nubwo nta bikomere bigaragara ku mu biri risiga, rigira ingaruka ku myigire y’abana, ku manota babona no kubuzima bwabo bw’imitekerereze. Aba bana kandi hari ubwo bahohoterwa no ku mubiri. Nubwo ridakorerwa cyane mu mashuri, ariko abarezi bafite uruhare rufatika mukurikumira, bigisha abana uburyo bakwitwara mu gihe ribabayeho cyane n’uko bakwitwara muri iki gihe isi iyobowe n’ikoranabuhanga, batozwa kwiyubaha no kubaha abanda.

Philomene Mukankusi


Share This Post

Visit of the UNESCO Assistant Director General in Rwanda

ETEFOP musanze yatashye isomero ryubatswe ku nkunga ya UNESCO

Formation en intelligence artificielle, ingenierie et impression à 3D pour s’adapter au monde de demain

Comment promouvoir le professionnalisme des journalistes à l’ère du numérique?

New guidelines on procurement of ict equipment for persons with disabilities in rwanda


Tweets by cnru2020

PUBLICATIONS
Announcements
Reports
Scholarship
Prize & Awards
Careers
Education
UNESCO Clubs
ASPNet
Basic Education & Learning
UNESCO Youth Forum
Science & Technology
MAB
IHP
IFAP
Culture, Social and Human Sciences
MOST
World Heritage and Culture Thematic
ICOMOS
Traditional Medecine
Communication and Information
Media Development
IPDC
Memory of the World
Access to Information and Knowledge
CONTACT US
   KG 17 Avenue, Kimironko, Kigali, Rwanda
   comnatrwanda@unesco.rw or info@unesco.rw
   B.P. 2502 Kigali - Rwanda
   +250 788 270 333
Stay in touch   |   | 

© Copyright CNRU. All Rights Reserved